Donald Trump uzwiho kugira inzika, yiyemeje kuzakurikirana perezida wa Amerika Joe Biden, mu gihe yitegura guhangana n'ibirego bye bya kabiri muri uyu mwaka.
Trump yashinjwaga ibyaha 37 bifitanye isano no gukoresha inyandiko za perezida nyuma yo kuva muri White House muri Mutarama 2021. Akurikiranyweho kandi ku buryo butandukanye, ibirego 34 aregwamo n’ubushinjacyaha bwa New York, bijyanye n’amafaranga yakoreshejwe mu 2016, mu gihe cyo kwiyamamaza.
Trump yarahiriye kuzafata Biden ku gakanu mu gihe yaba yongeye kuba perezida
Uwahoze ari perezida yerekeje ku mbuga nkoranyambaga, by’umwihariko Truth Social anayoboye, avuga ko ateganya gukoresha imbaraga za guverinoma ihuriweho na leta, aramutse atorewe kuba perezida muri 2024, kugira ngo yibasire umuryango wa Biden ku giti cye.
Yagize ari:”Nzashyiraho umushinjacyaha w’umwihariko uzaba ashinzwe gukurikirana perezida wa mbere w’umuryaruswa mu mateka ya Amerika, Joe Biden, umuryango we w'abanyabyaha, n’abandi bose bafatanyije na we mu kuzambya amatora yacu, n’igihugu muri rusange!”
Icyakora, ibi aramutse abikoze nkuko yabivuze, byaba ari ugukuraho ubwigenge nubusugire bwurwego rwubutabera.
Uyu wahoze ari umuyobozi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, amaze igihe kinini avuga ko ari umwere ku byaha bitandukanye aregwa, ndetse akavuga ko ari amayeri y'abadashaka ko yongera kwiyamamaza.
