Umuhanzikazi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Rihanna, mu kiganiro aheruka kugirana n’itangazamakuru yagarutse ku bijyanye no kwagura umuryango we.
Ubwo uyu muhanzikazi akaba n’umugore w’umuraperi A$AP Rocky yaganiraga n’ikinyamakuru Entertainment Tonight, umunyamakuru yamubajije ku magambo akunze kuva kenshi yifuza kubyara umwana w’umukobwa.
Rihanna ngo arakifuza kwagura umuryango
Yagize ati:”Urabona uko nabigenje!” Aha yashakaga kuvuga uburyo bakurikirana. Umunyamakuru amubajije niba bisobanuye ko ateganya kubyara abandi bana benshi, Rihanna yasubije ati:”Nibyo! Najye ni ko mbitekereza!”
Rihanna afitanye abana babiri b’abahungu, gusa yakunze kumvikana avuga ko yifuza kubyara gashiki k’abo bahungu be.
