Burna Boy na  Chloe Bailey bakomeje kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga

Burna Boy na Chloe Bailey bakomeje kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga

 Dec 17, 2024 - 19:17

Umuhanzi w'icyamamare akaba n'umukinnyi wa filime muri Amerika, Chloe Bailey, na mugenzi we wo muri Nigeria, Burna Boy bakomeje kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga kubera uburyo babanye kuva uyu mukobwa yaza muri Nigeria.

Umuhanzi w'icyamamare akaba n'umukinnyi wa filime muri Amerika, Chloe Bailey, na mugenzi we wo muri Nigeria, Burna Boy bakomeje kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga kubera uburyo babanye.

Aba bombi bateje impagarara ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kugaragara bari kumwe mu kabyiniro i Lagos iminsi ibiri yikurikiranya.

Ni nyuma kandi y’uko ku Cyumweru, tariki ya 15 Ukuboza, Bailey agisesekara muri Nigeria, yakiriwe na n’imodoka zoherejwe na Burna Boy.

Ni muri urwo rwego bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bacitse ururondogoro kubera isohokana ryabo, aho bagiye batanga ibitekerezo bitandukanye bifashishije amashusho yerekana Bailey arimo kuvimvira muri Lamborghini ya Burna Boy, nyuma bakaza no kugaragara mu kabyiniro bameranye neza.

Nubwo aba bombi nta n’umwe uravuga ko bakundana, uyu mubano wabo utunguranye ukomeje guteza urujijo.