Bobo Pro usanzwe utunganya umuziki mu Rwanda, yasabwe n'umuhanzi Kabera Arnold uzwi nka Sintex gusiba indirimbo 'Sisii fire' yashyize ku mbuga zinyuranye zicuruza umuziki, aho yemeza ko iyi ndirimbo yayishishuye ku ndirimbo ye yise 'Cease Fire' yasohotse kuri alubumu 'Dedication'.
Mu ibaruwa Sintex yashyizeho umukono kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2023, agaragaza ko Bobo Pro iyo ndirimbo yayishyize ku mbuga zicuruza umuziki zirimo: Boomplay, Amazon, You Tube n'ahandi ku wa 23 Ukwakira 2023 mu buryo bunyuranyije n'amategeko.

Sintex aravuga ko Bobo Pro yamushishuye indirimbo
Kuri Sintex, avuga ko ibi uyu mugabo yakoze, ari ukubangamira uburenganzira bwe mu by'ubwenge, akaba avuga ko asabwe gusiba iyo ndirimbo mu masaha 24 guhera igihe iyi baruwa yandikiwe; bivuze ko bitarenza none iyo ndirimbo igomba kuba yasibwe, bitaba ibyo bakitabaza amategeko.
Kugera ubwo twandikaga iyi nkuru, iyi ndirimbo 'Sisii fire' yari ikigaragara ku rubuga rwa Boomplay. Ku rundi ruhande, Bobo Pro ushinjwa gushishura ntacyo yari yatangaza kugera magingo aya.

Ibaruwa ya Sintex
