Hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga, benshi bakomeje gucika ururondogoro kubera umukufi mushya y’umuhanzi wo mu gihugu cya Nigeria, rurangiranwa Burna Boy.
Agaciro k'umukufi wa Burna Boy gakomeje kuvugisha benshi
Icyakora, si ukuba Burna Boy afite cyangwa yambaye umukufi, kuko imikufi n’impeta ari ibisanzwe by’umwihariko ku bahanzi, ahubwo benshi batangajwe n’agaciro k’iyi sheni.
Ibi byaje nyuma y’inkuru zakwirakwiye ku rubuga rwa X rwahoze rwitwa Twitter, zivuga ko uyu mukufi mushya wa Burna Boy aheruka kugaragara yambaye ubwo yari mu mujyi wa Lagos, bivugwa ko ufite agaciro ka miliyoni imwe y’amadorari, ni ukuvuga arenga miliyari imwe y’amanyarwanda.
Burna Boy ni umwe mu bahanzi bafite agatubutse muri Afurika
Nta kabuza ariko kuba Burna Boy yagura umukufi uhenze gutya, kuko bivugwa ko ubutunzi bwe muri uyu mwaka buhagaze agaciro ka miliyoni 22 z’amadorari, ni ukuvuga arenga miliyari 22 mu manyarwanda.
