Hamenyekanye umwanzuro ku rubanza rwa Benjamin Netanyahu rwari rutegerejwe

Hamenyekanye umwanzuro ku rubanza rwa Benjamin Netanyahu rwari rutegerejwe

 Jun 30, 2025 - 11:24

Ku munsi w'ejo hashize tariki 29 Kamena 2025, Urukiko Rukuru rw'i Yeruzalemu rwafashe icyemezo cyo gukuraho iburanishwa rya Minisitiri w'Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu ryari ritegerejwe mu byumweru bibiri biri imbere.

Ku munsi wo ku wa Gatatu w'icyumweru gishize, nibwo uru rukiko rwari rwanze ku nshuro ya Kabiri ubusabe bwa Netanyahu bwo gusubika iburanisha nubwo yari yagerageje kuzana gahunda ye afite muri ibi bihe.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Reuters ni uko Netanyahu afatanyije n'umuyobozi w’ikigo cy’ubutasi cya Israel 'Mossad', yatanze impamvu z’ibanga zijyanye na dipolomasi n’umutekano, ibyashingiweho n'uru rukiko Rukuru rw'i Yeruzalemu.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yari yatangaje ko uru rubanza rushobora kubangamira ubushobozi bwa Netanyahu mu biganiro bigamije kumvikana n’umutwe wa Hamas na Iran,  benshi bagakeka ko iki cyemezo gishobora kuba cyarafashwe kubera igitutu cye.

Benjamin Netanyahu yatangiye gukurikiranwa mu mwaka wa 2019, akaba ashinjwa ibyaha bifitanye isano na ruswa, uburiganya ndetse no kunanirwa kuzuza inshingano.

Mu kwiregura kenshi yumvikana avuga ko ibyo ashinjwa ari ibinyoma bikaba n'umugambi w’abanyapolitiki b’abahezanguni bo ku ruhande rw'abatavuga rumwe na Leta bagamije gukura ku butegetsi umuyobozi watowe n’abaturage.

Benjamin Netanyahu amaze iminsi ahanganye mu ntambara na Iran

Donald Trump yasabye ko ibyo Benjamin Netanyahu ashinjwa byakurwaho